Friday, July 2, 2010

Ubutaka mu Rwanda

Ikibazo cy’amasambu mu Burasirazuba.


Mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2009, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasuye Intara y’Iburasirazuba mu Karere ka Nyagatare, Gatsibo aho yari yagiye gutangiza ibikorwa by’iterambere no kuganira n’abaturage muri iyo Ntara yose. Yagiranye ikiganiro n’abayobozi bose b’Intara n’inararibonye zabo. Ariko igihe cyose umuntu yasabaga ijambo, yavugaga ku masambu, cyane ko hari abantu benshi barimo n’abayobozi bari bafite amasambu manini cyane, bamwe bayabonye mu buryo budasobanutse, hari n’abari barikatiye amasambu y’ikirenga mu butaka bwahoze ari Parike y’Akagera. Ibibazo byari bimaze igihe kirekire kandi abayobozi b’intara bari barananiwe kurangiza icyo kibazo kubera imiterere yacyo. Ikibazo ahanini cyatewe n'Abasirikare bakuru ndetse n'abategetsi bagize ubwikanyize mu kwigwizaho imitungo bitari bikwiye.


Muri icyo gihe Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi b’iyo Ntara ko ashaka ko icyo kibazo gikemuka vuba, abafite amasambu manini bakayasaranganya n’abandi batayagira. Icyo gihe na none yabwiye abaturage b’Intara y’Iburasirazuba ko « n’ubwo abantu bakomeje gukoza intoki muri icyo kibazo zigashya », ati «Njyewe mfite intoki zidashya kuko zirarinzwe, nzaza nicare muri iyi ntara nzahava ikibazo narangije kugikemura ». Aha yashakaga kwerekana ko we adatinya abo basirikare bigize indakoreka. Ariko se koko birashoboka ko abasore n'abagabo bafashe iya mbere mu kurwanya akarengane aribo bakwiye kwongera kugatera no kugateza? Ibyo se bikorwa banyakubahwa bareba hehe?


Nyuma y’igihe gito, Perezida yashyizeho Komisiyo ihuriweho n’inzego z’Intara, Minisiteri y’Ubutaka n’Ingabo z’u Rwanda. Iyo Komisiyo abaturage bayibatije izina ko ari « Komisiyo ya Gen. Ibingira Fred », kubera ko ari we wari uyikuriye. Yaramanutse n’ingabo yari ayoboye, bose bari bitwaje ibyuma kabuhariwe bipima ubutaka byitwa « GPS » abaturage bahise babihimba izina rya « Gipesu ». Hari hitezwe ko moneto ikibazo kibonewe muti. Aho Icyizere nticyari buzaze curata amasinde? Iyo Komisiyo ya Ibingira yifashishije inzego z’ibanze bakora urutonde rw’abantu bose bafite amasambu manini, n’abandi bafite amasambu menshi arenze imwe. Gusa abenshi bari abasirikare bakuru kandi banayabonye mu buryo bw'uburiganya, bamwe bayaguze make abandi bayabona babanje guharabika abari bayasanganywe barayabambura. MByafashe umwaka urenga ngo Gen. Ibingira n’abo yari ayoboye batange raporo y’ubutaka bapimye n’umubare w’abantu bafite ubutaka bwinshi burenze hegitari 25. Inzego za Leta zaraganiriye zemeranya ko nta muntu w’umworozi ugomba gutunga ubutaka burenze hegitari 25, abahinzi nabo nta muhinzi ugomba kurenza hegitari ebyiri, keretse ugaragaje ko yakoze ibikorwa byiza by’ishoramari bifitiye abaturage akamaro. Ibyo byose byakozwe mu rwego rwo kurengera Abanyarwanda bose no kubafasha kurushaho kugira uburenganzira bungana.


Ibyo byasabye ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahagurukira iki kibazo cy’amasambu atangira kuyasaranganya, abari bafite manini n’abatagiraga isambu na busa. Ku isonga abasaranganyije mu Karere ka Nyagatare barimo Gen. Kayumba Nyamwasa ubu ni Ambasaderi mu gihugu cy’Ubuhinde, Senateri Col.Karemera Joseph na Gen. Frank Mugambage, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika. Abo bose buri wese yasigaranye hegitari 25 izindi zasaranganyijwe abandi baturage. Mu kwezi kwakurikiyeho, hasaranganyijwe na none isambu ya Gen. Nyamwasa yahawe abaturage. Indi sambu yasaranganyijwe kuri uwo munsi ni iya Gen. Ibingira wari ayoboye iyo Komisiyo yo gupima amasambu yasigiwe hegitari 25.


Abandi bakurikiyeho ni Minisitiri Musoni Protais, Col. Sam Kaka, Gen. Rusagara Frank, Gen. Charles Kayonga, Gen. Charles Muhire, Guverineri Mutsindashyaka Théoneste na Minisitiri Hajabakiga Patricie n’abandi benshi. Icyagaragaye muri rusange ni uko abaturage benshi batari bafite ubutaka bwo guhingamo no kororeramo inka zabo.


Ikibazo nticyakemutse burundu kuko abanyarwanda biyongera ku kigero cya 10% nah ubutaka two budakura. Gusa nta wabura kwibaza aho uRwanda rwaba rugan aniba hari abayobozi bakuru bashaka gukandamiza abo bakwiye kurenganura bigwizaho imitungo itari iyabo, cyangwa bakitwaza icyo bari cyo ngo bigwizeho indonke.




by Emmanuel Mungwarakarama

Monday, June 28, 2010

Where is Justice? Genocide Survivors alarming

By Emmanuel Mungwarakarama


On a warm sunny day, I arrive in Gakoni sector, Kiramuruzi district in the Eastern Province, well equipped to find out how the survivors and perpetrators of the 1994 Genocide are coping up. The area, though typical of Rwanda’s hilly topography, is not made up of very steep hills.
They are generally undulating and gently rolling plains in others. Gilbert Karimunda runs a small shop. He looks a grown up man but not very old, with dotted splashes of grey hair scattered over his head. He wears a constant warm smile. I go close to him; introduce my self and business unusual gets underway. Karimunda is a genocide survivor from the nearby school; he tells a story of how the genocide occurred, and, twelve years after, the developments and challenges on the ground.

He tells his tale thus;
In April 1994, Jean Baptiste Gatete, the then mayor of Murambi District, promised protection to the Tutsi of the area if they gathered at that school. About forty thousand of them sought shelter and in the course of just four days, they were all massacred. Their bodies were thrown into pits and covered with lime.
Karimunda--a tall majestically looking man points in the direction of the school and says that he is one of the only four survivors of the massacre. He has a big scar at his forehead where a bullet ripped off the skin.
Karimunda tells his story of Rwanda with deep pain. He remembers the early days of the Genocide when he travelled from Murambi to Kigali, “when I reached Kigali, I found out that the presidential guard had just initiated a campaign of retribution, which was after the death of Habyarimana. Leaders of the political opposition were murdered, and almost immediately, the slaughter of Tutsis and moderate Hutus began.”
The seemingly hurt Karimunda remembers the time when, within hours, recruits were dispatched all over the country to carry out a wave of slaughter. He also remembers the organization of the genocide saying that the early organizers included military officials, politicians and businessmen, but soon many others joined in the mayhem.
He also says that when he returned home, the whole village had caught fire; there was a frenzy of people crying and a cacophony of gunfire everywhere. “I was told that Gatete was looking for me and just before my escape, they caught me and took me to the school.”
As tears well in his eyes, Karimunda says, “The story of the school is a horrific one; I will not tell you, just look at the scar, and I am one of the four people who survived.” He says as he shows me the big scar on his forehead.
After noting Karimunda’s horrendous tale, I approach another female survivor Chantal Umurungi, 54, who gives her dreadful version of the turmoil.
“I don’t want to talk about genocide. I saw the blood of my children and my husband. My daughter was raped; my husband I loved so much was terribly killed. I don’t want to spend much time talking about it.”
Umurungi also says that she still wants to live. That’s why she doesn’t want to talk much about the Genocide.
“It is difficult to forget,” says Umurungi the only survivor and a mother in a family of 10, “I keep remembering how the militias were cutting off people’s heads which usually comes in the form of nightmares.”
She also says that rape cases were sometimes followed by sexual mutilation, including mutilation of the vagina and pelvic area with machetes, knives, sticks, boiling water, and in one case, acid.
Umurungi believes that justice would help in unity and reconciliation but rather skeptical about the slow pace the process is taking.
“We feel that justice has been too slow and in some cases unfair. To us the survivors, it has been a double agony to lose our loved ones and to have no justice done.”

POLICE UPDATES ON THE KILLING OF JEAN LEONARD RUGAMBAGE

Rwanda National Police has arrested two men suspected in the killing of a local journalist Jean Leonard RUGAMBAGE that occurred on Thursday night.

Jean Leonard Rugambage returned home around 10pm on 24 June 2010. He was shot dead as he reached the gate of his residence in the Kigali suburb, Nyamirambo

The police also managed to seize a weapon (Pistol) that ought to have been used in the killing although the suspects still deny responsibility. The seized weapon from the suspect was identified to have been used in shooting and its rounds are similar to the two cartridges that were found at the scene of crime.

It has also been said that one suspect is related to a person claimed to have been killed by Leonard during 1994 Tutsi genocide implying that the killing might have been conducted as revenge. It should be noted that Jean Leonard was one of the most critical journalists in Rwanda. People wanted to silence him and allegedly accused him of genocide. This might have been another light that should lead to uncover the truth.

The two suspects are known to each other and originate from same area implying that the killing might have been planned before execution.

As earlier highlighted by the Commissioner General of Police, Rwanda National Police remains deeply concerned by the fictional accounts being peddled by individuals and groups for political gains. As law enforcement agency, RNP will continue to protect people and their properties against any threat. Investigation is still in progress and development will be communicated accordingly.

Emmanuel Mungwarakarama

Isabukuru y'imyaka 10 hashyizweho inzego z'inama y'igihugu y'urubyiruko


I Kigali, kuri stade Amahoro, kuri iki cyumweru habereye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 ishize hashyizweho inzego z’inama y’igihugu y’urubyiruko. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame Kagame wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori, yashimye ibikorwa byiza byubaka abantu kandi byubaka n’igihugu byagaragajwe na bamwe mu rubyiruko, harimo n’abahereye ku busa, bagakoresha ubwenge bwabo n’amaboko bakiteza imbere.
Ibyo birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 inama y’igihugu y’urubyiruko imaze, byanaranzwe kandi n’imyidagaduro, abakrobate n’indirimbo z’abahanzi, abari muri stade bahagurutse babyinana n’abahanzi nyarwanda babasusurukije.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye urubyiruko ku bikorwa byiza byubaka abantu n’igihugu byagaragajwe na bamwe mu rubyiruko rwatanze ubuhamya dore ko bamwe batangiriye ku busa bakiyubaka bakoresheje ubwenge n’amaboko bakaba bamaze kugera kuri byinshi.
Umukuru w’igihugu yasobanuye ko Kubaka igihugu nk’u Rwanda rwasenyutse, rusanzwe ruri no mu bukene bitoroshye ariko ko bishoboka, abantu bahagurutse bagakora, hashingiwe kuri izo ngero.
President wa republika yasabye kandi urubyiruko ko imikorere yo guhuriza hamwe yarubera umurage ukwiriye gukomeza kubakwa, ati kandi birashoboka abizeza ko bazabibona kuko ibyiza biri imbere.
Minisitiri w’urubyiruko, Mitali Protais yavuze ko uyu munsi urubyiruko rufite umunezero wo kwitwa urubyiruko rw’u Rwanda, kubera isura nsha yahanaguye iyo rwahoranye, aho urubyiruko rwatizwaga umuhoro wo gusenya igihugu, ubu rukaba rwariyemeje kugira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo birwugarije. Ku kibazo cy’urubyiruko cy’ejo nzamera nte, minisitiri Mitali yavuze ko biyemeje gushyiraho uburyo bwo guhanga imirimo ibyara inyungu iginewe kongera ubushobozi bwo kugura ibintu ku masoko bagatozwa gukora ibitaboneka ahantu hose.
Umuhuzabikorwa w’inama nkuru y’urubyiruko Murenzi Janvier yagaragaze ko hashingiwe ku nshingano zahawe Inama nkuru y’urubyiruko hagezweho byinshi,harimo gushyiraho inzego uhereye mu nzego z’ibanze, ndetse n’ibikorwa by’ubukangurambaga.
Umuhuzabikorwa w’inama nkuru y’urubyiruko, Murenzi Janvier, akaba yijeje Perezida wa repubulika ko urubyiruko rutazongera gukoreshwa nk’imbaraga zisenya igihugu;kutazarangwa n’ubunebwe cyangwa gusabiriza no gusindagizwa, ngo bazahora baharanira icyagirira abanyarwanda akamaro, barwanya abashaka gusenya ibyiza bimaze kugerwaho.
Minisitiri ufite urubyiruko mu nshingano ze, Mitali Protais, yagarutse ku isabukuru y’imyaka 10 iyi nama y’igihugu urubyiruko rwongerewe ubushobozi, n’inzego ziyishimikiyeho agaragaza ko yaranzwe na n’ibikorwa ndetse n’ibiganiro hirya no hino mu gihugu mu cyo bise icyumweru cy’urubyiruko. Muri ibyo birori habayeho gutanga ubuhamya. Bamwe mu rubyiruko, bagiye, buri umwe ku giti cye, agaragaza intambwe amaze gutera mu kwiteza imbere.
Muri ibyo birori kandi hari hanatumiwe n’urubyiruko rwaturutse muri repubulika iharanira demokarasi ya kongo, u Burundi na leta z’unze ubumwe z’Amerika, rwaje kwifatanya n’urubyiruko rw’u Rwanda.

Rwanda

Rwanda
Administrative map